
Ubwo umuririmbyi w’Umunya-Nigeria, Inetimi Timaya Odon wamenyekanye nka Timaya, yinjiraga ku rubyiniro ibintu byahinduye isura. Yatangiye abaza abitabiriye ati “Mumeze mute?”
Uyu muhanzi w’imyaka 44 yahise akomeza, asusurutsa abitabiriye iki gitaramo. Yaririmbye acurangirwa mu buryo bwa semi-live, aririmba agira ati “Buri wese anyita Timaya”.
Yahise akomeza n’indirimbo yise “Balance” imaze imyaka itandatu igiye hanze. Asoje kuyiririmba yahise avuga ati “Ndabakunda. Murabizi? Nishimiye kuba hano.”
Yakomeje aririmba ashimagiza u Rwanda, avuga ko abantu bose ari beza, ariko by’umwihariko abagore n’Umujyi wa Kigali. Ati “Nshaka kuguma hano ubuziraherezo. U Rwanda ni rwiza cyane, mu Mujyi wa Kigali w’akataraboneka.”
Yongeyeho ati “Ntabwo ndashaka umugore ariko nzashaka Umunyarwandakazi.”
Timaya yageze aho abaza abari bitabiriye igitaramo niba bashaka ko abajyana mu rusengero. Aririmba agace k’indirimbo ‘Excess Love’ ya Mercy Chinwo.
Uyu muhanzi yahise aririmba indi ndirimbo iri mu ze zakunzwe yitwa “Samankwe” yahuriyemo na Harrysong. Izindi ndirimbo ze yaririmbye zirimo “I Like The Way”. Iyi yayisoje ati “Nshaka kureba abakobwa beza hano. Muravuze ngo oya? Ntabwo nshaka abakunzi banyu.”
Agezemo hagati yahise ahamagara abakobwa baza kumufasha gususurutsa abitabiriye igitaramo.
Yaririmbye n’izindi ndirimbo ze zirimo “Don Dada” na “Cold Outside” yakoranye na BNXN arangije arikubura aragenda. Uyu muhanzi wamaze iminota 40 ntabwo yishimiwe cyane ku rubyiniro, cyane ko benshi bari bategerezanyije amatsiko abandi bahanzi barimo Ayra Starr.
Mbere y’uko Timaya ava ku rubyiniro, yahawe na Masai Ujiri umwambaro uri mu mabara y’ubururu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball, imbere wanditseho Giants of Africa, inyuma uriho nimero 1 n’izina Timaya.